Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie bakoze umuhango wo kwita izina umwana w’umuhungu baherutse kwibaruka.
Ku wa 14 Kamena 2022, ni bwo Clarisse
n’umugabo we batangaje ko bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko bibarutse
imfura yabo yavukiye muri Leta ya Maine ku bitaro byitwa Northen Light Mercy
Hospital muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Icyo gihe Clarisse Karasira yanditse
agira ati “Umukobwa w’Imana n’igihugu hamwe n’umutware, imfura yo mu batangana
baguye umuryango. Imana ishimwe Igikomangoma cyacu kindyamye mu gituza ibicuro
byashize. Umutware na njye duhaye Imana icyubahiro tunabashimira ku masengesho
yanyu menshi.”
Kuva icyo gihe basabye abantu
kubafasha kwita izina umwana wabo, ndetse bashyiraho igihembo ku muntu uzabasha
guhuza nabo.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Kamena
2022, Clarisse Karasira yatangaje ko we n’umugabo we bakoze umuhango wo kwita
izina umwana wabo.
Avuga ko ari umuhango bakoze nyuma yo
kunyuza amaso mu bitekerezo n’amazina byoherejwe n’abantu bagera ku 1016,
ariko basanga nta n’umwe bahuje.
Clarisse ati “Mwarakoze cyane ku
mazina meza cyane mwise Umwana wacu. Twakiriye amazina igihumbi na cumi
n’atandatu (1016) yavuye mu muryango wanjye mugari wo ku mbuga nkoranyambaga
zose nkoresha, abavandimwe n’inshuti turabashimiye.”
Ifashabayo Sylvain Dejoie yatangaje
ko umwana wabo w’umuhungu bamwise Kwanda Krasney Jireh.
Mu mashusho bashyize kuri konti ya Youtube, Ifashabayo yavuze ko Kwanda bisobanura gutera imbere cyangwa se kwaguka cyane 'bitagira imbibi mu buzima, mu butunzi, ndetse no mu kumenya Imana umuremyi wa twese'.
Uyu mugabo avuga ko bifuza ko iri zina 'ari ryo tuzajya
tumwita'. Ati "Ubu uyu ni Mama Kwanda [Clarisse] nanjye ndi Papa Kwanda.”
Yavuze ko izina rya kabiri Krasney risobanura
umuhungu mwiza 'yaba imbere, yaba inyuma'.
Avuga ko Jireh risobanura 'Imana
ifashabayo’ cyangwa se Imana ni yo izatanga ibikenewe byose muri ubu buzima.
Uyu muryango utangaje aya mazina
nyuma y'iminsi yari ishize basabye abantu kubafasha kwita izina umwana wabo.
Clarisse yavuze ko mu bitekerezo bakiriye 'nta muntu n'umwe nigeze mbona yandika
iryo zina, habe nta rimwe'.
Uyu mugore yasabye abantu kuzirikana mu masengesho umwana wabo, 'akure ari umwana ushimwa n'Imana ndetse n'abantu nk'uko ijambo ry'Imana' ribivuga'.
Clarisse Karasira n’umugabo we batangaje amazina y’‘Umwuzukuru w’Imana n’Abanyarwanda muri rusange’
Imfura ya Clarisse Karasira na
Ifashabayo Sylvain Dejoie yitwa ‘Kwanda Krasney na Jireh’
KANDA HANO UREBE CLARISSE N’UMUGABO WE BITA IZINA UMWANA WABO
TANGA IGITECYEREZO